Ku wa Gatandatu, itariki 25 Mutarama 2025, Brazil yamaganye Amerika nyuma y’uko abantu benshi birukanywe bageze muri iki gihugu bambaye amapingu nk’abagizi ba nabi bahambaye.
Indege yari itwaye abagenzi 88 bo muri Brazil, abashinzwe umutekano muri Amerika 16, hamwe n’abakozi umunani bo mu ndege, mu ntangiriro yari iteganijwe kugera i Belo Horizonte muri Leta ya Minas Gerais, ariko byabaye ngombwa ko igwa byihutirwa mu mujyi wa Manaus kubera ikibazo cya tekiniki, nk’uko byatangajwe na Guverinoma ya Brazil.
Abapolisi ba Brazil bakiriye indege babitegetswe na Minisitiri w’Ubutabera, Ricardo Lewandowski maze bahagera, basaba abakozi ba Amerika kuvana amapingu ku baturage babo nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.
Lewandowski yabwiye Perezida Luiz Inacio Lula da Silva ko ari “agasuzuguro gakabije” ku burenganzira bwabo bw’ibanze, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubutabera n’umutekano rusange muri Brazil.
Minisiteri y’ubutabera yagize iti: “Perezida Lula amaze kumenya uko ibintu bimeze, yategetse ko indege ya Air Force ya Brazil (FAB) ihagurutswa kugira ngo ijyane abo baturage ba Brazil aho bari bagiye kugira ngo bashobore kurangiza urugendo rwabo mu cyubahiro n’umutekano.”
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yafashe icyemezo cyo kurwanya abinjira mu gihugu mu buryo butemewe kuva yatangira imirimo ye muri iki cyumweru, kandi yiyemeje kwirukana abimukira bose badafite ibyangombwa.


