Shampiyona y’Isi y’amagare iteganyijwe kubera mu Rwanda muri Nzeli 2025, ikazaba ari inshuro ya mbere iri rushanwa ribereye ku mugabane wa Afurika.
Mu minsi ishize, hari amakuru yakwirakwijwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko iri rushanwa rishobora kwimurirwa mu Busuwisi cyangwa ahandi, kubera impamvu z’umutekano zijyanye n’intambara iri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y’ingabo za Leta n’umutwe wa M23.
Nyamara, Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) yamaganye ayo makuru, ivuga ko ari ibihuha.
Mu itangazo yasohoye ku rubuga rwayo rwa internet, UCI yagize iti: “Amakimbirane ari kubera muri Republika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko u Rwanda rufite umutekano wizewe mu bijyanye n’ubukerarugendo ndetse n’ubucuruzi.”
Ubuyobozi bwa UCI bwemeje ko nta gahunda ihari yo kwimura iri rushanwa kandi bwongeye gushimangira ko umukino w’amagare ari umuhuza w’amahoro, ubucuti n’ubufatanye ku rwego mpuzamahanga.
Biteganyijwe ko iyi shampiyona izakira abakinnyi n’abafana baturutse mu bice bitandukanye by’isi, bikaba ari amahirwe akomeye ku Rwanda yo kwerekana ubushobozi bwarwo mu kwakira amarushanwa akomeye ku rwego rw’isi.


