U Burundi bumaze gushyingura abasirikare 18 bwaratangazaga ko abiciwe mu gitero cy’i Mabayi ari 9

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Burundi zemeje ko mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki ya 17 Ugushyingo 2019, habaye igitero ku birindiro byazo biri ahitwa Twinyoni mu Ntara ya Cibitoke muri komini Mabayi ni mu ntera iri munsi ya 15Km uvuye ku mupaka w’u Rwanda, ndetse bumatangaza ko ari abasirikare babwo icyenda bishwe none bumaze gushyingura abagera kuri 18.

Ku wa Kabiri tariki ya 26 Ugushyingo 2019. nibwo abasirikare batandatu bashyinguwe mu irimbi rya Mpanda, Komini Gihanga, mu Burengerazuba bw’u Burundi. Aba batandatu bakaba barashyinguwe bakurikira abandi ngo 12 bashyinguwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize no ku wa Mbere tariki ya 25 Ugushyingo.

Umuhango wo gushyingura aba basirikare ku wa 26 Ugushyingo, ryatangijwe na misa yo kubasabira, ibera mu kigo cya gisirikare cya DCA kiri ku kibuga cy’indege i Bujumbura.

Nk’uko ikinyamakuru sosmedias/Burundi kibitangaza ngo padiri wasomye iyo misa, yihanganisha imiryango y’ababuze ababo yagize ati “Ni abantu bakoreshejwe ngo bice, ntabwo babikoze ku bw’urwango ahubwo ni ku bw’inyungu za ba sebuja, dusengere aba bantu bakora ibi kugira ngo bahinduke n’u Burundi bugire amahoro asesuye”.

Iki kinyamakuru gikomeza gitangaza ko hatazwi umubare nyawo w’abasirikare biciwe muri iki gitero, ko Leta y’u Burundi ibagira ubwiru. Ku ikubitiro ikaba yari yatangaje ko ari 9 none abamaze gushyingurwa bamaze kwikuba kabiri karenga.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri caporal-chef Protais Niyonkuru wari warakomeretse yashizemo umwuka mu bitaro bya gisirikare i Kamenge, ubwo akaba yarabaye uwa 19 iki kinyamakuru kimaze kumenya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *