FECOFOOT-COMEX

FIFA yahagaritse imikino muri Congo Brazzaville

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) yahagaritse Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Congo Brazzaville (FECOFOOT) kubera kwivanga kw’abantu batabifitiye ububasha mu mikorere yaryo.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane tariki ya 6 Gashyantare 2025, FIFA yatangaje ko yafashe uyu mwanzuro nyuma y’uko ibyo bibazo byagaragajwe kenshi, ariko ntibikemurwe. Iki cyemezo cyafashwe ku bwumvikane n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Kugira ngo FECOFOOT yongere kwemerwa nk’umunyamuryango wa FIFA, igomba gusubirana ubwisanzure mu miyoborere yayo, guhagarika ivangirwa mu micungire y’amafaranga, no kugarura uburenganzira busesuye ku micungire y’ishyirahamwe.

Kugeza ubu, amakipe yo muri Congo Brazzaville ntiyemerewe kwitabira imikino mpuzamahanga kugeza igihe FIFA izaba yongeye kuyemerera.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *