RDC: Umushoramari w’Umurundi yarashwe

Sangiza iyi nkuru

Umushoramari ukomoka mu Burundi witwa Hubert Bizimana bivugwa ko yaraye ategewe mu Minembwe muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo maze araraswa gusa ntiyapfuye.

SOS Media dukesha aya makuru ivuga koi bi byabaye ejo hashize, ubwo Bizimana usanzwe ari nyir’umuryango witwa Jimbere Fund usanzwe ugurisha amafunguro mu miryango ifasha impunzi.

Ubwo yaraswaga, Bizimana yari agiye kugura ibishyimbo byo kujyana muri iyi miryango nk’uko ki kinyamakuru kibivuga.

“Abari bitwaje intwaro bamurashe, akomereka bikomeye.” Uwari hafi y’aho yarasiwe.

Nyuma yo kuraswa, abakozi ba Croix Rouge bafashe Bizimana, bifashishije kajugujugu bamujyana ku bitaro bya Bukavu, akaba ari na ho arwariye ubu ngubu.

Aho Bizimana yarasiwe hegeranye na pozisiyo y’ingabo za Congo (FARDC)muri Kabingo, abaturage ba Minembwe bakaba bakekwa ko abarashe Bizimana ari bamwe mu basirikare bahaba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *