Mu karere ka Bundibugyo muri Uganda abantu 12 baridukiwe n’umusozi abandi 50 baburirwa irengero, kugeza ubu hakaba hataramenyekana niba ari bazima cyangwa nabo bitabye Imana.
Abayobozi bavuga ko iyo nkangu yibasiye iburengerazuba gusa ariko bashishikariza abaturage kuba maso kuko imvura ashobora kugwa ari nyinshi ikibasira n’ibindi bice bitandukanye.

Abantu amajana n’amajana bamaze guta ingo zabo bahungira mu bindi bice bitari byibasirwa n’ibiza, abandi bakaba batabaza Leta ngo ibafashe bave mu manegeka.
Ibi si ubwa mbere bibaye muri Uganda kuko no mu mwaka wa 2010 abantu amajana bahitanywe n’inkangu,nyuma y’imvura idasanzwe yari yibasiye mu karere k’Iburasirazuba hafi y’icyaro cya Bududa.
Iyi nkangu yahitanye abo bantu, ije nyuma y’uko, akarere ka Bundibugyo kari gasanzwe kugarijwe n’uruhuri rw’amakimbirane, aho mu munsi ishize Perezida Museveni yahasuye mu rwego rwo guhosha ayo makimbirane yatumye benshi bahatakariza ubuzima.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


