Ku birindiro by’Ingabo za Iran ziba hafi y’umupaka uhuza Syria na Iraq hatewe misile kuri uyu wa 9 Mutarama 2020 ihitana abantu umunani bivugwa ko Israel yaba ibyihishe inyuma. Ikinyamakuru Haaretz cyo muri Israel dukomoraho aya makuru kivuga ko umuryango wo mu Bwongereza utara amakuru ku ntambara muri Syria watangaje ko misile [zitavugwa umubare] zarashwe ku ndege z’intambara, ububiko bw’intwaro ndetse n’imodoka z’intambara harimo n’izari zikoreye intwaro. Israel isanzwe ishinjwa kugaba ibitero ku mupaka wa Syria na Iraq, ihangana n’intagondwa z’aba Shi’ite bakunze kuvana intwaro muri Syria mu buryo butemewe. Iki gihugu gihangana n’imitwe yegamiye kuri Islam iba muri Palestine kuko hari n’ubwo irasana na yo mu buryo bweruye, nta we uvogeye ubutaka bw’undi, abaturage bagasabwa kuguma mu ngo zabo mu gihe urugamba rucyambikanye. Ibi byo bishobora gushyirwa mu ruhande rw’umwuka mubi uri hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe z’America nyuma yo kurasa umusirikare ukomeye wabo, Gen. Qassem Soleimani wari komanda w’umutwe w’ingabo zidasanzwe, Quds. Uyu yarasiwe ku kibuga cy’indege cya Baghdad muri Iran ku mabwiriza ya Donald Trump. Iran yarahiye kuzahora urupfu rwa Gen. Qassem, ivuga ko ifite ahantu 35 izababariza America harimo na Tel Aviv muri Israel. Hadaciye kabiri, misile zirenga 12 zaturutse muri Iran zarashwe ku birindiro bibiri by’ingabo z’America muri Iraq. America yari yavuze ko Iran nigira icyo ikora kibangamira inyungu zayo, na yo ifite ahantu 52 yazarasa, iherutse kugaragaza ko hakenewe ibiganiro hagati y’ibihugu byombi, ariko Trump yavuze ko Iran izongererwa ibihano mpuzamahanga, gusa Iran yavuze ko nta kaze yabiha mu gihe ikomeje gufatirwa ibihano mpuzamahanga. Mu gihe America na Iran bagirana ibiganiro, byaba ari inzira nziza yo guhosha umwuka mubi wagira ingaruka ku mahanga menshi, cyane ko bamwe basesenguye ko byabyara intambara ya III y’isi. Mu gihe bitaba, ubushotoranyi no kwihorera bigakomeza, ya ntambara koko yashoboka kuko buri ruhande rufite abarushyigikiye. Amahanga na yo, nk’ibihugu bigize umuryango wa NATO, Israel, Iraq,… arasabwa kwivanga mu buryo bwunga, aho gukongeza umuriro hagati y’ibi bihugu.


