GridArt_20250225_84124387

3 bahoze ari abayobozi bakomeye bagizwe abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi 

Sangiza iyi nkuru

Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wahoze ari uwa Nigeria na Hailemariam Desalegn Boshe wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, bagizwe abahuza b’ibiganiro bya Nairobi na Luanda bigamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo.

Ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare ni bwo imiryango ya EAC na SADC yabatangaje nk’abahuza muri biriya biganiro, mu itangazo rihuriweho yasohoye.

Kenyatta wari usanzwe ari umuhuza mu biganiro bya Nairobi na bagenzi be, bagenwe nyuma y’ibiganiro biheruka guhuza abakuru b’ibihugu bigize iriya miryango yombi.

Mu nshingano bazaba bafite harimo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge hagati y’ihuririro ry’ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23 barwana, ubuhuzabikorwa mu bikorwa by’ubutabazi ndetse no guherekeza impande zihanganye mu biganiro mu rwego rwo kugera ku muti w’amakimbirane urambye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *