Udukoko tw’inzige tumaze iminsi twibasiye uduce dutandukanye twa Kenya. Prof. John Nderitu, umuhanga mu by’ubumenyi bw’udukoko aragira inama abaturage ngo bazirye nyuma y’aho twangije hegitari zirenga 70,000 muri Somalia na Ethiopia. Inzige ni udukoko tujya ahantu ari twinshi cyane kandi tukagira umuvuduko uhambaye kuko ubushakashatsi bugaragaza ko tugenda ibilometero 130 ku munsi. Mu kurya, bitewe n’ubwinshi bw’inzige zigendera hamwe, itsinda rigari ryazo ngo zishobora kurya inzovu 10, zaba ari ingamiya zikarya 25, mu gihe ngo ku munsi umwe na none zishobora kurya abantu 2,500 nk’uko Daily Nation yabitangaje. Muri Kenya, inzige zimaze kugera mu duce twa Wajir, Mandera, Marsabit na Isiolo. Zurira ibiti, zigakegeka ibihingwa bitandukanye bahinze kandi ku buryo bidashobora gukura kuko zihuriraho ari nyinshi. Uburyo bwo kuzirwanya bukoreshwa ni ugukoresha ibikoresho bivamo urusaku, amasasu ndetse n’indege za kajugujugu zimanura imiti yica udukoko (insecticides). Prof. Nderitu avuga ko kugira ngo bagabanye ubwinshi bw’imiti ikoreshwa mu kuyica, basabwa kuzirya: “Turasaba abaturage kurya inzige mu buryo bwo kugabanya imiti izica dukoresha.” Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiriwa, FAO, ryemeza ko inzige ari ikiribwa. Zishobora kotswa ku muriro, zikanikwa ku izuba, zigatekwa mu biryo cyangwa zigakarangwa mu isafuriya bidasabye amavuta. Tariki ya 18 Ukuboza 2020, FAO yatangaje ko mu bihugu biri mu ihembe ry’Afurika birimo Somalia, Kenya na Ethipia hagiye gutera inzige kandi zishobora kwiyongera kugeza mu mpera za Mutarama 2020.



