Iran: Bakoze imyigaragambyo bamagana iraswa ry’indege ya Ukraine, Trump abita intwari

Sangiza iyi nkuru

Abanyeshuri bo muri kaminuza ebyiri ziri mu murwa wa Tehran muri Iran bakoze imyigaragambyo yamagana iraswa ry’indege ya Ukraine yari itwaye abantu 176, bose bakahatakariza ubuzima. Ni nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Hassani Rouhani yemereye ko ingabo z’igihugu zibeshye zikayirasa.

Perezida Trump wiswe intandaro y’uyu mwuka mubi wongeye kubura mu buryo bweruye hagati y’America na Iran, akimara kumva inkuru y’aba banyeshuri bigaragambya, yagaragaje ko America ibari inyuma kandi ngo ni intwari (abanyeshuri).

Iyi myigaragambyo yatumye Ambasaderi wa Canada n’Ubwongereza muri Iran batabwa muri yombi ubwo bari mu ijoro ryo kwibuka abaguye muri iyi ndege, ryavuyemo imyigaragambyo. Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga by’Ubwongereza bivuga ko bihabanye n’amategeko mpuzamahanga, akubiye mu masezerano ya Vienna.

Ingabo za Iran zarashe iyi ndege mu ijoro rya tariki ya 7 rishyira iya 8 Mutarama, mu gihe zarasaga ku birindiro bibiri by’ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’America muri Iraq, mu cyiswe kwihorera ku iyicwa rya Gen. Qassem Soleimani ryabaye tariki ya 3 Mutarama.

Aba banyeshuri bagera ku 1000 barigaragambya, ashinja leta ya Iran kubanza guhakana ko yarashe indege yaguyemo inzirakarengane. Gusa ubwo yabihakanaga, ibihugu birimo n’America (USA) byari byemeje ko nta kabuza ari Iran yayirashe, atari impanuka nk’uko bivugwa. Hamwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, hiyongeyeho Ukraine, Canada n’ibindi, byasabye ko hakorwa iperereza, tariki ya 11 Mutarama Perezida Rouhani atangaza ko mu iperereza ryakozwe n’igisirikare, basanze koko indege yararashwe n’igisirikare cy’igihugu.

Amaze kubona ubu butumwa bwa Rouhani bwaciye kuri Twitter, Perezida Volodymyr Zolonsky wa Ukraine yasabye Iran ko abasirikare bakoze aya makosa bahanwa kandi imiryango y’inzirakarengane 176 igahabwa impozamarira.

Ikibazo kigiye gusiraga cyibazwa ni niba iyi myigaragambyo n’itabwa muri yombi ry’aba badipolomate bidasubiza inyuma intambwe twavuga ko ari nziza yari imaze guterwa, ubwo America yagaragaje ko nta gahunda ifite yo kwihorera ku gitero Iran yagabye ku ngabo zayo muri Iraq, igaraza ko yiteguye ibiganiro by’amahoro. Impumeko y’umwuka mubi wari kuvamo intambara yari itangiye gushira, ubu igitegerejwe ni aho birangirira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *