Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye igitero cy’iterabwoba cyagabwe mu mujyi wa Bukavu kigahitana umubare utaramenyekana w’abantu.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Gashyantare ni bwo i Bukavu harashwe ibisasu, ubwo ubuyobozi bwa M23/AFC bwari mu nama n’abatuye uyu mujyi.
Ubuyobozi bw’uyu mutwe ndetse ubw’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo, bwashinje Leta ya RDC kuba ari yo iri inyuma ya kiriya gitero cy’iterabwoba.
Amashusho ari guhererekanwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana imirambo ya bamwe mu bahitanwe na kiriya gitero, ndetse amakuru avuga ko hari na benshi bagikomerekeyemo.
Mu gihe bikekwa ko Kinshasa ari yo iri inyuma ya kiriya gitero, Perezida Tshisekedi biciye muri Perezidansi ya RDC, yavuze ko yakiranye umubabaro amakuru y’uko hari abagipfiriyemo.
Iti: “Perezida Félix Tshisekedi yamenyanye umubabaro urupfu rw’abavandimwe bacu benshi, nyuma y’iturika ryabereye mu nama y’agahato yo kuri uyu wa Kane, muri place de l’Indépendance i Bukavu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.”
Tshisekedi yavuze ko yifatanyije n’abagizweho ingaruka na kiriya gitero, anafata mu mogongo imiryango yagizweho n’ingaruka.
Perezida wa RDC wamaganye kiriya gitero, yacyititiye “igisirikare cy’amahanga kiri ku butaka bwa Congo mu buryo butemewe”, n’ubwo atigeze yerura ngo akivuge mu izina.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryakorewe ahagabwe kiriya gitero ryerekana ko ibisasu byatewe ari ibisanzwe bikoreshwa n’Igisirikare cy’u Burundi.


