20250227_175653

M23/AFC yatangaje umubare w’abahitanwe n’ibisasu by’i Bukavu

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe witwaje intwaro wa M23, ryatangaje ko abantu 11 ari bo bahitanwe n’ibisasu byarashwe ahaberaga inama yaryo mu mujyi wa Bukavu.

Ni ibisasu byaturikijwe kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Gashyantare 2025.

Umuhuzabikorwa wa AFC, Corneille Nangaa, yabwiye itangazamakuru ko “abantu 11 barimo umupapa umwe n’uwagabye igitero” ari bo bahitanwe na biriya bisasu.

Nangaa yunzemo ko ababarirwa muri 65 ari bo bakomerekeye muri kiriya gitero, barimo batandatu bakomeretse mu buryo bukomeye.

AFC/M23 yavuze ko nyuma ya kiriya gitero igomba kugisubiza, hanyuma ikajyana ikibazo “kure y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *