Umunya-Serbia Milutin Sredojevic Micho wigeze gutoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yahawe inshingano zo kuba umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Chipolopolo Stars.
Uyu mugabo wanatoje Imisambi ya Uganda, yasimbuye Umubiligi Sven Vandenbroeck watandukanye n’ikipe y’igihugu ya Zambia muri Gashyantare 2019. Hari hashize igihe kigera ku mwaka wose iyi kipe nta mutoza mukuru ifite. Akazi ko gutoza Zambia Micho yari agahataniye n’Umunya-Portugal Abel Xavier cyo kimwe n’Umubiligi Ivan Jacky Minnaert wigeze gutoza ikipe ya Rayon Sports. Micho uyu yahiswemo nk’umutoza wa Zambia ku wa mbere w’iki cyumweru, nyuma y’inama idasanzwe yahuje abayobozi b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri kiriya gihugu. Kuri uyu wa gatatu ni bwo uyu mugabo yemejwe na Minisiteri ya Sports muri Zambia isanzwe ifite mu nshingano zayo ibijyanye no guhemba abatoza b’amakipe y’igihugu. Ama-Clubs uyu mugabo yatoje arimo St. George yo muri Ethiopia, Al Hilal Omdurman yo muri Sudani, Villa Sports Club yo muri Uganda, Young Africans yo muri Tanzania, Orlando Pirates yo muri Afurika y’Epfo na SC Zamalek yo mu Misiri. Hagati ya 2011 na 2013 Micho yatozaga Amavubi y’u Rwanda, ayageza mu matsinda y’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi cyabereye muri Brazil muri 2014. Uyu mugabo yatandukanye n’Amavubi yerekeza muri Uganda, atoza Imisambi y’iki gihugu hagati ya Gicurasi 2014 kugeza muri 2017. Igikomeye yagejeje kuri Uganda Cranes ni ukuyigeza mu mikino y’igikombe cya Afurika yaherukagamo mu myaka 39 yari ishize.
Milutin Micho w’imyaka 50 y’amavuko, ni umwe mu batoza bakomoka i Burayi bazi neza umugabane wa Afurika, dore ko yawutojeho amakipe atandukanye harimo ama- Clubs ndetse n’ay’ibihugu.


