Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yongeye kugaragara ahetse umusaraba, ubwo yari kumwe n’itsinda ry’abakristu ba Kiliziya Gatolika.
Ndayishimiye yagaragaye ahetse umusaraba ku wa Gatanu tariki ya 18 Mata, ubwo abakristu bo hirya no hino ku Isi bizihizaga umunsi w’Uwa Gatanu Mutagatifu.
Ni umunsi Yezu Kristu yitanzeho igitambo cyuzuye, yemera kumvira, ageza aho gupfa, apfiriye ndetse ku musaraba.
Kuri uyu munsi abakristu bakora inzira y’umusaraba, nk’uburyo bwo kugerageza gukurikira Kristu mu nzira yanyuzemo ajyanwa i Golgotha kubambwa.
Ni muri uru rwego Perezida Ndayishimiye yagaragaye ahetse umusaraba mu rwego rwo kwifatanya mu bubabare na Yezu wabambwe.
Amafoto yashyizwe hanze na Perezidansi y’u Burundi yerekana Ndayishimiye buri mwaka ukunze gukora uriya mugenzo ahetse umusaraba.
Ibiro bye byatangaje ko we n’umuryango we ndetse n’abakristu bari kumwe banaririmbaga indirimbo z’ishavu.



One Response
Yemwe yemwe. Ubutegetsi bw’u Rwanda n’ibwo nemera ko butahura ibintu neza. Naho twe i Burundi turi nk’abafarizayo. Turavuga ntidukora. Kuri good friday, i rwanda baronse i congé, kuko bazi uburemere bw’urupfu rwa Yezu. i Burundi, perezida Nkurunziza, yarapfuye, batanga congé, ariko Yezu yapfuye na congé. Aho bukera lundi, ni Easter Monday, naho EAC yose kiretse uburundi na DRC, abandi ni congé, …. yewe yemwe, i Burundi naho bokora imisi 400/365 nta terambere bobona badahagaritse ubufarizayo