GridArt_20250426_101219551

Gen Muhoozi yafashe uruhande hagati ya Kabila na Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atazemera ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakongera kuyobora iki gihugu.

Uyu Jenerali usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X.

Ati: “Sinzemerera Joseph Kabila kongera kuba Perezida wa RDC. Ibyo mugomba kubyibagirwa.”

Muhoozi mu bundi butumwa yashinje Kabila kuba yaremereye umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda gutura mu burasirazuba bwa Congo imyaka 17, ndetse muri iyo myaka yose akaba atarigeze na rimwe yemerera ingabo za Uganda kujya guhiga uriya mutwe.

Yunzemo ati: “Nyakubahwa Tshisekedi aramurenze cyane muri ubwo buryo.”

Uyu musirikare yagaragaje ko Perezida Felix Antoine Tshisekedi ari we ashyigikiye, ati: “Mukuru wanjye Nyakubahwa Felix Tshisekedi ni Perezida wa RDC, kandi nzamushyigikira uko bishoboka kose.”

Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko adashyigikiye Joseph Kabila, mu gihe kuva mu cyumweru gishize amakuru yavugaga ko uyu mugabo wayoboye RDC imyaka 18 yaba yaragarutse muri kiriya gihugu yari yarahunze muri 2024. Kabila byavugwaga ko ari mu mujyi wa Goma kuri ubu ugenzurwa n’umutwe wa M23.

Ni amakuru icyakora yamaganiwe kure n’ishyaka rye rya PPRD.

Ku wa Gatanu Joseph Kabila yagaragaye i Mbabane muri Eswatini, aho yari yitabiriye isabukuru y’amavuko y’umwami Mswati III w’iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *