gatera_musa

Gatera Musa n’umuzamu we bahagaritswe nyuma yo gutsindwa 5 na APR FC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Rutsiro FC yamaze gufata icyemezo gikomeye cyo guhagarika by’agateganyo umutoza mukuru Gatera Musa n’umunyezamu mukuru Matumele Monzobo Arnold, nyuma yo kwitwara nabi mu mikino ya shampiyona, by’umwihariko umukino batsinzwemo na APR FC  5-0.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 28 Mata 2025, ubuyobozi bwa Rutsiro FC bwemeje ko icyemezo cyo guhagarika aba bakozi cyafashwe nyuma yo gusesengura umusaruro mubi w’ikipe, by’umwihariko nyuma y’umukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona aho Rutsiro FC yanyagiwe na APR FC.

Bagize ati: “Iki cyemezo gifashwe nyuma y’umusaruro muke aba bombi bagaragaje ku mukino wa shampiyona wahuje Rutsiro FC na APR FC tariki 26/4/2025 kuri stade Umuganda.”

Ikipe ya Rutsiro FC yari ifite icyizere cyo kwitwara neza imbere y’abafana bayo, ariko ntibyaje kugenda uko babyifuzaga, kuko ikipe ya APR FC yabatsinze ibitego bitanu ku busa, bituma Rutsiro FC irushaho kwisanga mu bihe bikomeye muri shampiyona.

Nyuma yo guhagarika Gatera Musa na Matumele Monzobo, ubuyobozi bwahisemo Rubangura Omar wari umutoza wungirije nk’uw’agateganyo usigaye atoza ikipe mu mikino isigaye y’iyi shampiyona.

GpoAztnXMAE2Z7V

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *