dc43082_1728484924100-000-34ma3gt

Umuraperi P Diddy umaze amezi 8 mu gihome aratangira kuburanishwa

Sangiza iyi nkuru

Uru rubanza ruratangirana no gutoranya inteko bita ‘jury’, kandi ni rumwe mu manza zari zitegerejwe cyane uyu mwaka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 5 Gicurasi, bivuze ko umuntu ukomeye cyane muri hip-hop, Sean “Diddy” Combs, afitanye gahunda n’ubutabera bwa Amerika i New York, aho aregwa kuba yarakoresheje kwamamara kwe mu bikorwa by’urugomo no gukoresha abantu ubucakara bw’imibonano mpuzabitsina.

Uyu muraperi akaba na producer w’imyaka 55, yari amaze kugira umutungo utari muto kuva yatangira mu myaka ya za 90 umuziki, gukora imyenda n’ibinyobwa bisindisha. Ashobora gufungwa burundu aramutse atsinzwe uru rubanza.

P Diddy yashinze Bad Boy Records, azamura abahanzi nabo baje kwamamara muri hip-hop nka Mary J. Blige n’umuraperi The Notorious B.I.G. wishwe mu 1997.

Uyu umaze amezi umunani muri Gereza nyuma y’ifatwa rye riteye ubwoba i Manhattan, aho yafashwe nk’ikihebe, anashinjwa ibirego by’ihohotera rishingiye ku gitsina yaba yarakoreye abagore n’abagabo barenga ijana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *