Ikinyamakuru AB-TC cyanditse inkuru tariki ya 6 Gashyantare 2020, kivuga ko leta y’Ubushinwa itegereje igisubizo cy’urukiko rw’ikirenga ku busabe yatanze ko abantu 20,000 bamaze kwandura icyorezo cya Novel Coronavirus bakwicwa kugira ngo batanduza abandi.
AB-TC yagize iti: “Ubushinwa butegereje icyemezo cy’urukiko rusumba izindi (rw’Ikirenga) kuri uyu wa gatanu, cyo kwica abantu 20,000 bamaze gufatwa n’icyorezo cya Coronavirus mu buryo bwo kwirinda ikwirakwira ryacyo.” Iyi nkuru ibindi bitangazamakuru na byo byayanditse uko yakabaye, icyakoze hari n’ibindi byibajije niba koko byaba ari ukuri. Ikinyamakuru Africa Fact Check cyandika amakuru yiganjemo ubucukumbuzi, cyanyomoje aya makuru kuri uyu wa 7 Gashyantare 2020, gishyiraho urutonde rw’inkuru z’ibinyoma AB-TC yahimbye, harimo iy’igikomangoma cy’Ubwongereza Andrew yakuze ko cyiyahuye, ko ibyamamare muri Afurika y’Epfo; Connie na Shona Ferguson barohamye mu kidendezi cy’amazi, kirongera kivuga ko hari abanyeshuri biga muri kaminuza muri Afurika y’Epfo bavumbuye urukingo rwa Coronavirus. Izi nkuru zose AB-TC yazisohoye muri uyu mwaka. Ni inkuru ikomeye yari kuvugwaho na Minisiteri ifite ubuzima mu nshingano zayo mu Bushinwa cyangwa se muri rusange, ubuyobozi bw’Ubushinwa. Iki kibazo kandi nticyari kureka kuvugwaho n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), ryemeje iki cyorezo nk’igihangayikishije isi. Iki cyorezo cyaturutse mu mugi wa Wuhan uherereye mu ntara ya Hubei, cyagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’iki gihugu, aho amwe mu makompanyi mpuzamahanga y’ubwikorezi bwo mu kirere yahagaritse ingendo zajyaga muri uyu mugi, ndetse leta y’Ubushinwa yiyemeje kubaka muri Wuhan ibitaro byihariye byo kuvuriramo iyi ndwara mu gihe gito. Novel Coronavirus ni ubwoko bwa Coronavirus bushya bwavumbuwe mu Kuboza 2019. Bwiyongereye ku bundi butandatu bwari busanzwe bwaravumbuwe mu nyamaswa zo ku gasozi, gusa ntibwagize ingaruka ku kiremwamuntu. Iki cyorezo kimaze gufata abaturage bo mu Bushinwa barenga 28,000, aho abarenga 500 bamaze gupfa. Cyageze no mu bindi bihugu bigera muri 24, ibindi byikanga buri kanya ko hari abanduye, ikaba ari yo mpamvu ku bibuga by’indege, abaturutse mu Bushinwa bapimya, abagaragayeho ibimenyetso bisa n’iby’iki cyorezo, bagashyirwa mu kato.



2 Responses
Igihuha cyakwiye isi: Ubushinwa burashaka kwica abantu 20,000 banduye Coronavirus
Reka da! ko bikaze
Igihuha cyakwiye isi: Ubushinwa burashaka kwica abantu 20,000 banduye Coronavirus
Reka da! ko bikaze