Amakuru ikinyamakuru New Times cyakuye muri minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) avuga ko u Rwanda ruteganya gukoresha amafaranga agera kuri miliyari 699.4 mu iyubakwa ry’ikibuga cy’indege mpuzamahanga i Bugesera ndetse no kwagura RwandAir.
Azasohoka mu myaka itatu y’ingengo y’imari, guhera mu 2025/26 kugeza 2027/28, nk’uko ayo makuru yagaragaje.
Ibi bihuye n’impapuro zerekana ingengo y’imari ya 2025/26 – 2027/28, iyi ikaba ari inyandiko rusange y’ingamba z’ingengo y’imari ya guverinoma mu gihe cy’imyaka itatu.
Biteganijwe ko ikibuga cy’indege kizatangira gukora mu 2028. Biteganijwe kandi ko kucyubaka bizatwara miliyari 2 z’amadorari yose hamwe.
Ku wa Kane, itariki ya 8 Gicurasi, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Yusuf Murangwa, ubwo yagezaga mu Nteko Ishinga Amategeko ingengo y’imari, yavuze ko guverinoma iteganya gukoresha amafaranga arenga tiriyali 7 z’amafaranga y’u Rwanda mu 2025/2026.
Aya mafranga yerekana ko yiyongereyeho tiriyali 1,2 z’amafaranga y’u Rwanda cyangwa 21 ku ijana ugereranije na tiriyali 5.8 z’amafaranga y’u Rwanda yemejwe mu mwaka w’ingengo y’imari.
Murangwa yavuze ko kwiyongera kw’ingengo y’imari bizaterwa ahanini no gukurikirana byihuse iyubakwa ry’ikibuga cy’indege mpuzamahanga ndetse no kwagura sosiyete y’indege y’igihugu RwandAir. Ibi bisobanurwa nk’ishoramari ry’ibikorwa.
Ikibuga cy’indege cya Bugesera no kwagura RwandAir bizasaba inguzanyo zo hanze
Ku bijyanye n’umwenda wo hanze, amakuru TNT yabonye agaragara ko guverinoma izaguza amafaranga agera kuri tiriyali 2.15 mu mwaka w’ingengo y’imari utaha, akaziyongeraho hejuru ya miliyari 648.4 ugereranije n’amafaranga arenga tiriyali 1.5 y’uyu mwaka.
Inguzanyo zijyanye n’icyiciro cya kabiri cyo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera no kwagura RwandAir nizo ntandaro yo kwiyongera nk’uko minisiteri ibitangaza.


