20250513_75401

Depite Sindayiheba aravuga ko induru yamurokoye gushimutwa

Sangiza iyi nkuru

Depite Jean Baptiste Sindayigaya wo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, aravuga ko yafashwe n’abagabo bane barimo uwari ufite imbunda bashakaga kumushimuta, gusa bakaza kumureka nyuma yo guha induru umunwa.

Uyu mudepite avuga ko yahuriye na ririya sanganya ahazwi nka Gare du Nord, mu mujyi wa Bujumbura.

Yabwiye BBC ko abagabo bamufashe bashatse kumwinjiza ku ngufu mu modoka ya ‘double Cabine’ itagira plaque.

Yakomeje agira ati: “Navugije induru mvuga ko ndi umudepite ngo ntibanyice. Ariko bakagumya bansunikira muri iyo modoka. Bankubise ku jisho ari na ko bakomeza kunsunikira mu modoka, ntandaraza amaguru abantu barahurura na bo bamfasha kuvuza induru.”

Sindayigaya avuga ko yatabawe n’abapolisi bo kuri sitasiyo iri muri Gare du Nord, nyuma yo kumva induru yavuzaga.

Ati: “Abo bagabo bane bashatse gufata abo bapolisi bari baje gutabara, ariko na bo bihagararaho, barantabara. Bashakaga kudutwarana. Imbere mu modoka yabo harimo undi mugabo bafashe, byagaragaraga ko bamukubise aba intere.”

“Babonye induru ibaye nyinshi abantu bahuriye kuntwara byananiranye, bahise bavugana n’abo bapolisi bari baje kuntambara, bahita batsa imodoka baragenda.”

Sindayigaya wakomerekejwe ku jisho n’abo avuga ko bashakaga kumushimuta, avuga ko abo bapolisi bavuze ko bamenye ko imodoka barimo ari iyo mu rwego rushinzwe iperereza n’ubwo plaque yayo yari yahishwe.

Bikiba amaterefoni ngo yaracicikanye, abategetsi bashaka kumenya ibyari byabaye.

Uriya mudepite avuga ko mu bamuhamagaye harimo na Minisitiri ushinzwe umutekano w’imbere mu Burundi ndetse n’ukuriye iperereza hagati mu gihugu, bombi bamwizeza ko ikibazo bagifashe mu biganza byabo.

Depite Sindayigaya avuga ko nta muntu n’umwe bafitanye ikibazo cyatuma atabwa muri yombi n’abashinzwe iperereza.

Polisi y’u Burundi biciye muri Pierre Nkurikiye uyivugira, yavuze ko ibyo kuba hari abashatse gushimuta uriya mudepite ari ibinyoma.

Yavuze ko icyabaye ari uko Depite Sindayigaya yahuriye mu muhanda n’abandi bantu babarirwa muri batanu bari batwaye imodoka, hanyuma baza kurwana nyuma yo kunanirwa kumvikana k’ugomba gutambuka.

Nkurikiye yavuze ko iperereza rigikomeje kugira ngo abarwanye bamenyekane, hanyuma buri wese azaryozwe ibyo yakoze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *