Uwahoze ari Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wa Congo, Martin Kabwelulu n’umugore we, wahoze ari umudepite, Yvonne Mwepu, baburiwe irengero kuva mu ijoro ryo ku wa Gatatu i Kinshasa, nk’uko Ihuriro FCC, ry’amashyaka ashyigikiye uwahoze ari perezida, Joseph Kabila, rwatangaje kuri uyu wa Kane.
Nk’uko byatangajwe na FCC, abantu bitwaje imbunda bagera kuri mirongo ine bavuze ko ari abashinzwe ubutasi, binjiye mu rugo rw’uwo muryango mu gace ka Macampagne ahagana mu ma saa cyenda ku isaha yaho bamujyana ahantu hatazwi. Amaterefone yabo ntabasha gucamo kuva icyo gihe, nk’uko iyi nkuru dukesha Actualite.cd ivuga.
Raymond Tshibanda wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo akaba n’umuyobozi mukuru wa FCC, mu nyandiko yoherereje abanyamakuru yagize ati: “FCC yamaganye ubu bushimusi kandi isaba kurekura Hon. Martin Kabwelulu n’umugore we bidatinze.”
FCC yabyise “igikorwa cy’iterabwoba rya Leta” ariko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, abategetsi ba Congo ntibigeze basubiza ibyo birego.
Martin Kabwelulu w’imyaka 78 yagizwe Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ku buyobozi bwa Perezida Joseph Kabila mu 2007. Umugore we, Yvonne Mwepu, nawe yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.


