Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda yatangaje ko Urukiko rwa gisirikare rwarekuye Abanyarwanda 13 bari bakurikiranweho ibyaha bitandukanye, gusa amakuru avuga ko harimo abarwanyi b’umutwe wa RUD Urunana bagabye igitero mu karere ka Musanze mu Kwakira 2019.
Itangazo rigenewe itangazamakuru, rishyira abarekuwe mu byiciro bine :
- Icyiciro cya mbere : Abashinjwa ibyaha birimo ubutasi n’ibindi byaha bifite aho bihuriye n’umutekano, basubiye muri Uganda bakongera bagafungwa.
- Icyiciro cya kabiri : Abagore b’abo mu cyiciro cya kabiri.
- Icyiciro cya gatatu : Abagize uruhare mu byaha byoroheje no kubisubira.
- Icyiciro cya kane : Abakurikiranwaga n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, bashinjwa gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko ; aba bakaba barakuriweho iki cyaha. Aba ni abishyiriye igisirikare cy’igihugu (UPDF) ku mupaka bafite intwaro.
Icyiciro cya kane kirimo abagabo babiri ; Kabayija Seleman na Nzabonimpa Fidel, bakaba ari bo bazamuwe mu majwi na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, kuko ngo ni bamwe mu barwanyi batatu b’umutwe wa RUD Urunana. Baboneyeho no gusaba Uganda uwa gatatu muri aba bahungiyeyo.
Tariki ya 4 n’iya 5 Ukwakira ni bwo uyu mutwe wa RUD Urunana wagabye igitero mu karere ka Musanze, mu mirenge ya Kinigi, Musanze ndetse na Nyange, kigwamo abaturage 14, abandi 18 barakomereka nk’ubwo byemejwe mu itangazo ryashyizwe hanze na polisi y’igihugu.
Ubwo iki gitero cyabaga, ingabo z’igihugu zagiye gutabara, zihangana n’aba barwanyi, bamwe barafatwa, abandi baricwa, bivugwa ko hari n’abahungiye muri Uganda. Abo bahunze bivugwa ko harimo n’aba, bari kuburamo umwe.
Nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda yabiyangaje, aba Banyarwanda barekuwe bamaze gushyikirizwa Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka i Kampala kuri Serena Hotel, igitegerejwe ni uko bagera mu Rwanda.
Gucumbikira abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda biri mu mpamvu z’umwuka mubi uri hagati y’iki gihugu na Uganda, hakaba hari gukoreshwa uburyo bwose bushoboka kugira ngo ugaruke mu nzira nziza. Amaso ahanzwe inama ihuza Perezida Kagame, Yoweri Museveni ndetse n’abahuza ; João Laurenço wa Angola na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, izabera ku mupaka wa Gatuna/Katuna ku wa gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2020.


