GsIFS1KWkAAzh56

UN yahaye Sergeant Major Fiston Murwanashyaka na Cpl Eliakim Niyitegeka imidari ya Dag Hammarskjöld

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, itariki 29 Gicurasi 2025, u Rwanda rwifatanije n’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ingabo za Loni zishinzwe Kubungabunga Amahoro.

Kuva u Rwanda rwinjira mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga Amahoro mu 2004, rwagize uruhare runini mu mahoro n’umutekano ku Isi, kuri ubu akaba ari igihugu cya 2 gitanga Ingabo nyinshi.

GsJRPI2W0AAOt9S

Kuri uyu munsi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe Kubungabunga Amahoro, imidari ibiri ya Dag Hammarskjöld yahawe ba Sergeant Major Fiston Murwanashyaka na Cpl Eliakim Niyitegeka baguye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Imidari yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga.

Screenshot 2025 05 30 134157

Amb. Ngoga na Attaché militaire Col. Deo Mutabazi, bavuze ko imidari igaragaza ubwitange budahwema mu kubungabunga amahoro no kurinda abaturage batishoboye no hanze y’imbibi z’u Rwanda.

GsJe0uNXEAAYiib

Umudari wa Dag Hammarskjöld ni umudari utangwa n’Umuryango w’Abibumbye (Loni) ku basirikare, abapolisi, cyangwa abasivili batakaje ubuzima igihe bakoraga mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye.

GsJFrnrXEAA KvQ

 

Umudari witiriwe Dag Hammarskjöld, Umunyamabanga Mukuru wa kabiri w’Umuryango w’Abibumbye, wapfuye azize impanuka y’indege muri Nzeri 1961 mu kitwa Zambia kuri ubu .

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *