Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 3 Kamena 2025, Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba, biteganijwe ko azitaba Ubushinjacyaha Bukuru ku Rukiko rusesa imanza, nk’uko ubutumire yohererejwe kuri uyu wa Mbere, itariki ya 2 Kamena bubigaragaza.
Ihamagazwa rije nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yemeye ko ubucamanza bukora iperereza kuri Minisitiri w’Ubutabera.
Minisitiri Constant Mutamba aregwa kunyereza amafaranga, agera muri miliyoni 20 z’Amadolari, yavuye mu isanduku ya leta agenewe kubaka Gereza Nkuru ya Kisangani, Umurwa Mukuru w’Intara ya Tshopo.


