Bivugwa ko ibi byabaye mu kwezi gushize ubwo itsinda ry’abasirikare b’Abongereza basuraga akabari gaherereye ahitwa Nanyuki.
Umwe mu basirikare arashinjwa gusambanya umugore wo muri Kenya nyuma yo gusohokera aho hantu nk’uko iyi nkuru dukesha Urubuga Kenyans.co.ke ivuga.
Iri fatwa rije mu gihe hakomeje gukurikiranwa imanza zitarangijwe zirimo abasirikare b’Abongereza baregwa ihohotera rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore bo muri Kenya, hakaba hasabwa ko hashyirwaho uburyo bunoze kandi ubutabera bukarushaho gukora akazi kabwo.
Kuva ubwo abapolisi ngo babajije ukekwaho icyaha, kandi iperereza rirakomeje. Hagati aho ariko, Minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza ngo yafashe iki ikibazo mu biganza bya yo.
Umuvugizi wa Minisiteri yemeje itabwa muri yombi, agira ati: “Dushobora kwemeza ko umuntu ukorera muri Kenya yatawe muri yombi.”
Umuvugizi yongeyeho ati: “Imyitwarire itemewe kandi y’ubugizi bwa nabi nta mwanya ifite mu ngabo zacu. Raporo iyo ari yo yose y’icyaha gikomeye kireba abakozi ba serivisi ikorwaho iperereza mu bwigenge…..”
Yanze gutanga ibisobanuro birambuye, avuga ko iperereza rigikomeje gukorwa n’ishami rishinzwe ibyaha bikomeye mu gisirikare.
Ibi bibaye mu gihe iki gihugu kitaramenya iherezo ry’iperereza ku iyicwa ry’umukinnyi w’imikino ngororamubiri wo mu gihugu cya Kenya, Agnes Wanjiru, bivugwa ko na we yishwe n’umusirikare w’Umwongereza mu 2012.


