Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye abaturage b’igihugu cye biyumvamo ibimenyetso by’icyorezo cya Coronavirus kwishyira mu kato bidasabye ko Leta ibanza kubigiramo uruhare.
Museveni yatangaje ibi kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Gashyantare ubwo yasobanuriraga Abanya-Uganda byinshi kuri Coronavirus. Ati ” Ndinginga abantu bafite ibimenyetso byihariye bimeze nk’ibya Coronavirus, yemwe n’ibyoroheje nko kuziba amazuru, ndabasabye nibishyire mu kato bave mu bandi mujye kwivuza kugeza igihe bazabonera icyemezo cy’uko babohotse.”
Umukuru w’Igihugu cya Uganda yavuze kandi ko Coronavirus ari icyorezo kitica vuba nka Ebola, gusa kikaba gikwirakwira cyane kandi mu gihe gito.
Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko Leta y’igihugu cye yafashwe ingamba zikomeye zo kurinda abaturage Coronavirus, gusa na bo abasaba kuba maso.
Asanga kuba Coronavirus ihagarika ibikorwa bitandukanye birimo ingendo, ubucuruzi, amashuri n’ibindi, bishobora guhungabanya ubukungu bw’ibihugu, bityo akaba yifuza ko Uganda itahura n’icyo kibazo.
Imibare mishya kuri Coronavirus
Agakoko ka Coronavirus gashya (COVID-19) kavumbuwe mu Bushinwa mu Kuboza 2019, kaba aka karindwi gafite iri zina. Umuntu wa mbere yafashwe na ko muri Mutarama 2020 mu ntara ya Hubei mu mugi wa Wuhan.
Kugeza ubu, Abantu bamaze kwandura iki cyorezo mu Bushinwa barenga 85, 200 mu gihe abarenga 2900 bamaze gupfa, abarenga 39,500 bamaze gukira. Ku mugabane wa Afurika iki cyorezo cyagaragaye mu bihugu bya Misiri na Nigeria, gusa nta murwayi wa Coronavirus urahagwa.


