Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye amakuru yavugaga ko buri mu biganiro nâumutoza wâUmwongereza wâinkomoko yo muri Argentine, Miguel Ăngel Gamondi.
Ibi byatangajwe na Brig. Gen. DĂ©o Rusanganwa, Umuyobozi wa APR FC, mu kiganiro kigufi yagiranye na UMUSEKE. Yagize ati: “Oya, ni ibihuha.”
Hari hamaze iminsi havugwa ko Gamondi ashobora gusimbura Darko NoviÄ, watandukanye na APR FC mbere yâuko shampiyona ya 2024-2025 irangira. Byari byanavuzwe ko Gamondi yaba yamaze kugera i Kigali mu biganiro bya nyuma nâiyi kipe.
Ariko amakuru yizewe yagaragaje ko uyu mutoza wâimyaka 58 ari mu Butaliyani, aho akomeje ibikorwa bye kuri uwo Mugabane.
Miguel Gamondi afite uburambe ku mugabane wa Afurika kuko yatoje amakipe akomeye arimo Yanga SC yo muri Tanzania, Mamelodi Sundowns yo muri Afurika yâEpfo, EspĂ©rance de Tunis yo muri Tuniziya ndetse nâikipe yâigihugu ya Burkina Faso.


