Perezida Shavkat Mirziyoyev wa Uzbekistan, yahembye abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’igihugu cye imodoka nshya, nyuma yo gukora amateka yo kubona bwa mbere itike y’Igikombe cy’Isi.
Izi modoka abakinnyi bazishyikirijwe ku wa Kabiri tariki ya 10 Kamena, nyuma y’umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 Uzbekistan yanyagiyemo Qatar ibitego 3-0.
Iyi kipe yabonye itike yo kwitabira ririya rushanwa ku wa Kane w’Icyumweru gishize, ubwo yagwaga miswi na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu 0-0.
Nyuma y’uyu mukino, Perezida Shavkat Mirziyoyev yahise asinya iteka ry’uko abakinnyi bagomba guhabwa imidali y’ishimwe ku bwo gukorera igihugu igikorwa cy’ubutwari.
Aba bakinnyi bongeye kubishimangira banyagira Qatar ibitego 3-0.
Azizbek Turgunboev usanzwe akinira ikipe ya Sivasspor yo muri TĂĽrkiye ni we wafunguye amazamu, mbere y’uko rutahizamu Eldor Shomurodov usanzwe akinira AS Roma yo mu Butaliyani atsinda igitego cya kabiri cyo ku munota wa 85 w’umukino.
Agashinguracumu kabonetse ku munota wa kabiri w’inyongera biciye kuri Igor Sergeev usanzwe akinira ikipe ya Pakhtakor y’iwabo.
Nyuma y’umukino imodoka 40 zo mu bwoko bwa BYD zahise zinjizwa muri Stade, zihabwa abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’igihugu ya Uzbekistan.
Iyi kipe yarangije imikino y’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi iri ku mwanya wa kabiri mu tsinda ryayo n’amanota 21, irushwa abiri na Iran bazajyana mu Gikombe cy’Isi.
Qatar na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu nyuma yo kudahita babona itike, bagomba guhurira mu mikino ibiri ya kamarampaka bakishakamo ugomba kujya mu Gikombe cy’Isi.


