Abasenateri bifatanyije n’abaturage ba Gasabo na Nyarugenge mu muganda

Sangiza iyi nkuru

Mu muganda ngarukakwezi wo kuri uyu wa 30 Nyakanga, abasenateri bifatanyije n’abaturage bo mu turere twa Nyarugenge na Gasabo mu muganda ngarukakwezi aho batunganyije imihanda ndetse hagashyirwa ku mugaragaro igishushanyo mbonera cya site ya Tura Neza Cyeyere igaragaza uko akagari ka Cyeyere kazaturwa.

ComGd8-WgAQLUgC

ComGhJAXgAARvZO

Abasenateri rero bakaba bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa mageragere, Akagari ka Kankuba mu muganda wo gutunganya umuhanda, naho I Jabana mu Kagari ka Akamatamu bakaba bifatanyije n’abaturage guhanga umuhanda mushya.

ComJkXtXEAAwC9T

Comv66OWYAQlmGb

Nyuma y’umuganda, Abasenateri bagiranye inama n’abaturage ba Jabana aho Nyakubahwa Harerimana Fatou Visi Perezida wa Sena yari ayoboye abandi basenateri. Yafunguye ku mugaragaro igishushanyo mbonera cya Site ya “TuraNezaCyeyere” igaragaza uko Akagari ka Cyeyere kazaba gatuwe, aho inzu imwe izubakwa aha hantu izaba ifite agaciro ka miliyoni 200 n’ibihumbi 100.

ComptB-XYAAZN-p

ComnzPoWYAAaXDa

Umunyabanga Nshingwabiko w’umurenge wa Jabana akaba yavuze ko izi nzu zizubakwa uko umuturage abonye ubushobozi kugeza igishushanyo cyubahirijwe.

ComsalVXEAAiee6

ComsalVWgAA_KnI

Abaturage kandi bazoroherezwa kubona ibyangombwa byo kubaka, ndetse batatu bakaba bahise babihabwa muri iyi nama.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *