59564

Rayon Sports na APR FC ziri kurambagiza umuhisi n’umugenzi

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutanga icyifuzo cyo gusinyisha Samuel Pimpong, umukinnyi ukomoka muri Ghana ukina ku ruhande rw’iburyo, nyuma yo gutandukana na FC Shiroka yo muri Albania ku mpera z’umwaka w’imikino wa 2024/25.

Pimpong w’imyaka 25 y’amavuko yigeze gukinira Mukura Victory Sports ubwo yatozwaga na Afhamia Lotfi, aho yigaragaje nk’umukinnyi wihuta kandi ufite ubuhanga ku ruhande rw’iburyo.

Amakuru agera kuri Times Sport yemeza ko Rayon Sports yamaze kugirana ibiganiro n’uyu mukinnyi mu rwego rwo kumuzana, kuko kugeza ubu nta mukinnyi wo ku ruhande  ukina akoresheje ukuguru kw’ibumoso iyi kipe ifite.

Naho Mukura Victory Sports, aho Pimpong yigeze gukina, na yo irifuza kumugarura mbere y’umwaka w’imikino wa 2024/25.

Peter Agblevor arashakwa na AS Kigali

Mu yandi makuru, rutahizamu Peter Agblevor wo muri Ghana uherutse kurekurwa na Police FC kubera imvune, ari mu biganiro n’ikipe ya AS Kigali. Amakuru kandi avuga ko na Musanze FC yahoze akinira iri mu makipe yifuza kumusinyisha.

APR FC mu biganiro byo kugura abakinnyi bashya

Ikipe ya APR FC, yatwaye shampiyona y’u Rwanda, iracyashaka kongeramo amaraso mashya aho iri mu biganiro na myugariro w’ikipe y’igihugu ya Ghana, Razak Simpson, ukinira Nations FC. Simpson yitwaye neza muri shampiyona ya Ghana aho yatsindiye ikipe ye ibitego bitanu ndetse akanatsinda igitego mu mukino wa gicuti Ghana yatsinzemo Trinidad & Tobago ibitego 4-0 i Londres.

APR FC kandi bivugwa ko ishobora gusinyisha Jack Pantoulou Diarra, umukinnyi w’uruhande ukomoka muri Burkina Faso, ukina muri Salitas FC. Diarra w’imyaka 19 yazanywe mu biganiro n’umukozi wagiye azana abakinnyi b’abahanga muri APR FC.

Blanchar Mulamba, umukinnyi wo hagati ukinira Wakiso Giants yo muri Uganda, na we yamaze kumvikana na APR FC, bikaba biteganyijwe ko azasinyira iyi kipe mu minsi ya vuba.

Emmanuel Okwi arifuzwa n’amakipe menshi

Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Emmanuel Okwi, aravugwaho gushakishwa n’amakipe menshi nyuma yo kuva muri AS Kigali. Kugeza ubu, amakipe nka Jamus FC Juba yo muri Sudani y’Epfo, Singida Black Stars yo muri Tanzania, na KCCA yo muri Uganda ni yo ari mu bazwi ko bamwifuza cyane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *