ronald-ssekiganda-scaled-15495

Utegerejwe muri APR FC yasezeye

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda ukina hagati mu kibuga yasezeye ku ikipe ya Villa SC yari abereye Kapiteni. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 agiye kwerekeza muri APR FC yo mu Rwanda, aho yamaze kumvikana kuyikinira imyaka ibiri.

Mu butumwa yageneye abafana n’ubuyobozi bwa Villa SC, Ssekiganda yashimiye urukundo bamugaragarije n’amahirwe yo gutwara Igikombe cya 17 cya Shampiyona ya Uganda, avuga ko agiye gukomeza gukura nk’umukinnyi.

Ssekiganda yakiniye Villa SC kuva mu 2020, akayitsindira ibitego bitanu mu mikino 69. Yanagize uruhare rukomeye mu gufasha Uganda kubona itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera muri Maroc.

Yitezweho kongera imbaraga hagati mu kibuga cya APR FC, ikomeje kwiyubaka ku isoko ry’abakinnyi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *