20250616_104149

Israel yatwitse indege z’intambara za Iran

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Israel ku Cyumweru cyatangaje ko cyatwitse indege z’intambara za Iran nyuma yo kugaba igitero ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Mashhad zariho.

IDF ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ziriya ndege yazitwitse ubwo zarimo zinywa amavuta.

Ikibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Mashhad giherereye mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Iran, hafi y’umupaka w’iki gihugu na Turkmenistan.

Ni ikibuga kandi giherereye mu bilometero 2,300 uvuye muri Israel.

Igitero cyagabwe kuri kiriya gitero cy’indege ni cyo Israel yagabye ku ntera ya kure kuva yatangira kurasana na Iran.

Amashusho n’amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ku Cyumweru, yerekana umwotsi mwinshi ututumuka kuri kiriya kibuga ubwo IDF yari imaze kurasa indege z’intambara za Iran zari zikiriho.

Israel kandi ivuga ko kurasa ziriya ndege biri mu rwego rwo kuyifasha kugenzura ikirere cyose cya Iran nta nkomyi.

Usibye ikibuga cy’indege cya Mashhad, Israel ku Cyumweru yemeje ko yarashe ahantu hatandukanye imitwe itandukanye y’ingabo za Iran yakoreraga intwaro.

Yemeje kandi ko yanarashe ikigo umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran uzwi nka Quds wateguriragamo ibitero, ndetse inarasira mu majyepfo y’umujyi wa Tehran ingabo zarimo zitegura kugaba ibitero bya missiles zirasirwa ku butaka.

Iran ku ruhande rwayo na yo yagabye kuri Israel amagana y’ibitero bya drones na missiles, gusa IDF ivuga ko inyinshi muri ziriya drones yazirashe zitaragera ku butaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *