TELEMMGLPICT000428887019_17500605691540_trans_NvBQzQNjv4BqgsaO8O78rhmZrDxTlQBjdLdu0TL-Cg_AMOUqySXmFgU

Iran yasenye ambasade ya Amerika muri Isirayeli

Sangiza iyi nkuru

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Isirayeli iraguma ifunze nyuma y’igitero cya misile cyagabwe na Iran mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, nk’uko byatangajwe n’Uhagarariye Amerika muri Isirayeli, Mike Huckabee.

Ambasaderi Huckabee yatangaje ko “ibisasu byaturikiye hafi y’ishami ry’Ambasade riri i Tel Aviv, bikangiza bimwe mu bikorwaremezo ariko nta muntu wo muri ambasade wakomeretse.”

Ibi bitero bibaye mu gihe intambara hagati ya Isirayeli na Iran imaze iminsi ine irimo kugenda irushaho gukara. Iran yamaze kwemeza ko yarashe misile zirenga 100 zigamije kwihorera ku bitero Isirayeli yabagabyeho ku wa Gatanu byahitanye bamwe mu bayobozi b’igisirikare cyabo n’abashakashatsi mu bya nikeleyeri.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yaburiye Iran ko igomba kwirinda kugaba ibitero ku nyungu z’Abanyamerika, aburira ko Amerika ishobora gukoresha “imbaraga zayo zose z’igisirikare” mu kwirwanaho.

Umutekano uracyari muke mu mujyi wa Tel Aviv no mu majyaruguru ya Isirayeli, aho ibitero byahitanye abantu nibura umunani bigakomeretsa abandi benshi. Ambasade ya Amerika yatangaje ko amabwiriza yo kuguma aho abantu bari agikomeje gukurikizwa.

Iran yo yatangaje ko ititeguye guhagarika ibitero, nubwo amahanga akomeje gusaba ko impande zombi zagabanya umurego.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *