Umuhanzi w’Umunyarwanda Afrique yamaganye amakuru yavugaga ko yaba yarateye inda abagore batatu icyarimwe, avuga ko ari ibihuha byatangajwe ku mbuga nkoranyambaga.
Afrique yavuze ko ayo makuru yamugezeho ndetse byageze n’aho umubyeyi we amusaba kubisobanura.
Yagize ati: “Mama yarampamagaye arambaza niba ibyo bavuga ari ukuri, ariko yari azi ko ibyo bavuga bidashoboka.”
Uyu muhanzi yashimangiye ko nta mwana afite kandi ko ibyo bivugwa byaturutse mu bafana bashakaga gutebya.
Afrique yamenyekanye mu ndirimbo agatutanda yamufashije kuba kimenyabose mu myidagaduro yo mu Rwanda.


