Urukiko Rukuru kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Kamena, rwasabye ubushinjacyaha ku munyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza, nyuma yo gusanga ashobora kuba afite aho ahuriye n’umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Ingabire yari yitabye uru rukiko kugira ngo rugire ibyo rumubaza ku byaha abarwanashyaka b’ishyaka rye rya Dalfa-Umurinzi baregwa, birimo kuba baritabiriye amahugurwa yo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intambara.
Ingabire yari yatumijweho n’urukiko, nyuma y’uko mu maburanisha yabanje ubushinjacyaha bwagiye bumushyira mu majwi ko afite aho ahuriye n’ariya mahugurwa.
Ubwo yatangaga ibisobanuro yabwiye urukiko ko abaregwa uko ari icyenda abazi, gusa ashwishuza ko amahugurwa bashinjwa kwitabira ntaho ahuriye na we cyangwa ishyaka rye, na cyane ko ngo ritemewe mu Rwanda.
Nyuma y’amasaha abiri inteko iburanisha iri mu mwiherero kugira ngo isuzume ibisobanuro byatanzwe na Ingabire Victoire, hakurikiyeho isomwa ry’umwanzuro.
Urukiko rwavuze ko rusanga ubushinjacyaha bugomba gukora iperereza rihamye kuri Ingabire Victoire.
Rwavuze kandi ko nyuma yo gusuzuma ibisobanuro yaruhaye, rwasanze bidahagije kandi hakaba hari ibimenyetso bimushinja.
Perezida w’iburanisha yategetse ubushinjacyaha gukora iperereza maze bukazashyikiriza urukiko ibyavuye mu iperereza.
Urukiko Rukuru rwa Kigali rwanzuye ko iperereza rigomba kuba ryamaze gukorwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri, uhereye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025.


