Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ari i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena ni bwo Gen. Muhoozi yageze muri RDC.
Amakuru avuga ko uruzinduko rwe rugamije gusuzuma imigendekere y’ibikorwa bya gisirikare bizwi nka ‘Operation Shujaa’ ingabo za Uganda zifatanyamo n’iza Congo, mu rwego rwo kurandura umutwe w’iterabwoba wa ADF.
Ni ibikorwa ingabo z’ibihugu byombi zirimo kuva mu Ugushyingo 2021.
Kuva Operation Shujaa yatangira, Igisirikare cya Uganda cyakunze kwigamba kwicira mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri abarwanyi benshi ba ADF, barimo n’abari abayobozi bakuru b’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Iyi ADF icyakora iracyakomeje kwica abaturage benshi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Sosiyete sivile yo mu gace ka Njiapanda-Mangurejipa muri Teritwari ya Lubero, iheruka gutangaza ko mu mezi 12 ashize ADF yishe abantu barenga 1,500 bo muri iriya Teritwari.
Amakuru kandi avuga ko uruzinduko rwa Muhoozi i Kinshasa runagamije gucubya umwuka mubi wagiye ututumba hagati ya Kampala na Kinshasa, kubera ubutumwa yagiye yandika ku mbuga nkoranyambaga.
Mu bihe bitandukanye uriya Jenerali yagiye yandika ku rubuga rwe rwa X ubutumwa bwerekana ko ashyigikiye umutwe wa M23 uri mu ntambara na RDC; ibyagiye birakaza abategetsi b’iki gihugu kugeza ku rwego rwo guhamaza Ambasaderi wa Uganda ngo atange ibisobanuro.
Byitezwe ko Gen. Muhoozi Kainerugaba agomba guhura n’abayobozi batandukanye muri RDC, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Lt. GĂ©n. Jules Banza Mwilambwe na Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi yaherukaga gutangaza ko azagenderera.


