99678227-0-image-a-20_1750778924344

Amerika yafunze mudahushwa wa Iran

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, binyuze mu ishami ryayo rishinzwe abinjira n’abasohoka (ICE), yafunze Ribvar Karimi wahoze ari mudahushwa (sniper) mu ngabo za Iran hagati ya 2018 na 2021.

Karimi yatawe muri yombi ku Cyumweru mu mujyi wa Locust Fork, muri Leta ya Alabama, aho yari atuye n’umugore we w’Umunyamerika.

Mu gihe yafatwaga, Karimi yari afite ikarita y’icyirango cy’ingabo za Repubulika ya Islamu ya Iran, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu (DHS).

Nubwo yinjiye mu gihugu binyuze kuri visa y’abashaka kurushinga mu Kwakira 2024, ntiyigeze akomeza inzira yo guhindura ubwenegihugu, bituma aba mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu rindi perereza, ICE yafashe kandi Mehran Makari Saheli, w’imyaka 56 wahoze muri Islamic Revolutionary Guard Corps ya Iran ndetse wemeye ko afite imikoranire na Hezbollah. Nubwo yari yarakatiwe gufungwa imyaka 15 azira gutunga imbunda mu buryo butemewe, yakomeje kwihisha nyuma yo gutegekwa gusohoka mu gihugu mu 2022.

Abandi bantu babiri bakekwaho imyitwarire y’ubugizi bwa nabi na bo batawe muri yombi: umwe mu Arizona wari ufite imbunda ya 9mm, undi akekwaho guhohotera abo mu muryango we.

Aba bose bafunzwe na ICE aho bategereje gusubizwa mu bihugu byabo. Umugore wa Karimi, utwite inda y’amezi arindwi, avuga ko umugabo we akunda Amerika kandi ko nta mugambi mubi yari afite.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *