Umwe mu bakozi ba Green Hills yasanzwemo Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bakozi b’Ishuri Green Hills Academy (GHA) utatangajwe amazina yasanzwemo indwara ya Coronavirus nk’uko amakuru ari ku rubuga rwa inteineti rw’iri shuri abitangaza.

Aya makuru avuga ko umwe mu bakozi ba GHA utatangajwe niba ari umugabo cyangwa umugore yasanganwe Coronavirus ndetse akaba ari kuvurirwa mu kato aho ngo ameze neza.

Ni amakuru ari no mu butumwa buvuga ku makuru mashya avuga kuri Coronavirus Umuyobozi wa GHA, Lisa Biasillo yatangarije abafite aho bahuriye n’iri shuri.

Biasillo mu butumwa bwa imeli bwo kuwa 16 Werurwe bwiswe “Coronavirus Update 7″ ati ” (…) Umukozi wari wasanganwe Coronavirus kuri ubu ari koroherwa aho ari mu kato. Yamaze kumera neza, ndetse hitezwe ko azakira vuba kandi byihuse (…).”

Muri ubu butumwa, Biasillo avuga ko uyu mukozi akimara gusangwamo Coronavirus bafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) ndetse akemeza ko ” Uwo ari wese waba yaragize aho ahurira n’uriya mukozi, bahuye n’itsinda rivuye muri Leta rishinzwe gukurikirana iki kibazo.”

GHA ivuga ko ” Yari kumenyesha mu masaha abiri abanyeshuri n’abakozi baba baragize aho bahurira n’uriya mukozi mu minsi 14 yabanje. Abatari bumenyeshwe, bivuze ko abana babo ntaho bahuriye n’uwo mukozi.”

Ubuyobozi kandi bukomeza gusaba abaturage kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima ngo hakumirwe icyorezo cya Coronavirus.

Mu kwemeza neza aya amakuru, Bwiza.com yahamagaye umwe mu bakozi ba GHA utashatse kuvuga amazina ye n’umwanya w’ubuyobozi afite, atangaza ko we nta bubasha afite bwo kugira icyo atangaza kuri ayo makuru.

Ibyatangajwe na GHA: http://www.greenhillsacademy.rw/coronavirus-updates.html

Uyu wakoreshaga ururimi rw’Icyongereza nk’urumubangukiye ati ” Ndumva ntacyo nabikubwiraho. Ntabwo biri mu nshingano zanjye. Wakwandika imeli ku muyobozi mukuru. Nanjye ni ubutumwa nohererejwe buvuye ku muyobozi mukuru. Ibyo nzi ni ibyo gusa. Abakozi bose twahawe ubwo butumwa buvuye ku muyobozi, uze kumwandikira.”

Bwiza.com yanditse ubutumwa bugufi kuri imeli (email) ya GHA ishaka kumenya byinshi kuri aya makuru. Yashakaga kumenya uko kuri uyu wa 17 Werurwe bihagaze. Umubare w’abamenyekanye ko bahuye n’uriya mukozi n’icyaba kigiye gukorwa.

Ubwo iyi nkuru yandikwaga, Umuyobozi wa GHA, Lisa Biasillo ntiyari yagasubije ubutumwa.

Kuri ubu mu Rwanda nk’uko Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ibitangaza, harabarurwa abantu 7 basanzwemo indwara ya Coronavirus. Abanyarwanda barasabwa gukomeza kwitwararika no gutanga amakuru igihe babonye ibimenyetso by’iyi ndwara.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umwe mu bakozi ba Green Hills yasanzwemo Coronavirus
    Ni ukwihangana kandi ni ukwirinda. Gusa ndabona abo wabajije babigize ibanga nk’aho ari akandi gakiza babitse muri icyo cyago. Natwe aho turi muri italie byatangiye buhoro buhoro, ariko ibyiza ni uguhana amakuru yihuse, ntabyo guhisha biri mo aho rwose. Abo muri GHA MUKOMERE, kandi muhumure, biraza kugenda neza. Gusa ibyo guhishahisha byo mubireke rwose. Iki cyorezo kirakomeye ndabarahiye.

  2. Umwe mu bakozi ba Green Hills yasanzwemo Coronavirus
    Ni ukwihangana kandi ni ukwirinda. Gusa ndabona abo wabajije babigize ibanga nk’aho ari akandi gakiza babitse muri icyo cyago. Natwe aho turi muri italie byatangiye buhoro buhoro, ariko ibyiza ni uguhana amakuru yihuse, ntabyo guhisha biri mo aho rwose. Abo muri GHA MUKOMERE, kandi muhumure, biraza kugenda neza. Gusa ibyo guhishahisha byo mubireke rwose. Iki cyorezo kirakomeye ndabarahiye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *