Leta ya Tanzania itangaza ko yatangiye gushakissha hasi kubura hejuru buri muntu wese waba yaragize aho ahurira n’umurwayi wa Coronavirus wabonetse muri iki gihugu waje aturutse mu Bubiligi akaza mu ndege ya Kompanyi ya RwandAir kugira ngo nabo basuzumwe iyi ndwara kuko hari impungenge ko haba harimo abayanduye bakaba bari kuyikwirakwiza mu gihe batari bagaragaza inimenyetso. Kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2020 ni bwo Leta ya Tanzania yatangaje ko ku butaka bwayo habonetse umurwayi wa mbere urwaye icyorezo cya Coronavirus, uyu mugore w’imyaka 46 y’amavuko akaba yarageze muri iki gihugu tariki 13 Werurwe bivugwa ko yazanwe na sosiyete y’indege y’u Rwanda (RwandAir) imukuye mu Bubiligi. Minisitiri w’Ubuzima muri Tanzania, Ummy Mwalimu yatangaje ko Leta igiye gukora iperereza igashakisha abantu baba barazanye by’umwihariko Hoteli yaruhukiyemo kugirango bapimwe harebwe niba ntawundi waba waranduye cyangwa akaba yaramwanduje. Uyu muturage w’umunya-Tanzania yaturutse mu gihugu cya Suwede anatemberera mu Bubiligi na Danemarike aho izo ngendo zose yazikoze kuva tariki 03 Werurwe 2020 kugeza tariki ya 13 Werurwe nk’uko Leta ya Tanzania ibitangaza. Yahagurutse mu Bubiligi aza muri Tanzania ahagera ku Cyumweru tariki ya 15 Werurwe mu masaha ya nijoro azanywe n’indege ya RwandAir nk’uko Leta ya Tanzania yabitangaje. Kuri ubu hari kwibazwa niba mu bantu yazanye nabo muri iyi ndege nta bandi bashobora kuba baranduye Coronavirus bakaba bari hanze barimo kuyikwirakwiza mu bandi bantu.


