Imitwe ibiri yitwaje intwaro iri mu yahoze igize ihuriro ryashakaga guhirika ubutegetsi bwa Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, yemeye gushyira intwaro hasi ihitamo kumuyoboka.
Imitwe ya Unité pour la paix en Centrafrique (UPC) na Retour, Réclamation et Réhabilitation (3Rs), ni yo yari ifite imbaraga kurusha indi mu ihuriro ry’imitwe ya CPC (Coalition des Patriotes pour le Changement) ryashakaga guhirika ku butegetsi Perezida Touadéra.
Mu mpera za 2020 iri huriro ry’imitwe yari ishyigikiye François Bozizé wahoze ari Perezida wa Centrafrique ryasatiriye umurwa mukuru Bangui, gusa riza gusubizwa inyuma n’ingabo z’u Rwanda nyuma zoherejwe muri Centrafrique gutabara Touadéra wari usumbirijwe biciye mu masezerano y’ubufatanye yasinywe.
Africa Intelligence yatangaje ko ku wa 10 Nyakanga 2025 ari bwo Ali Darass uyobora UPC na Gen. Sende Abdelkader alias ‘Bobo Bobo’ uyobora 3Rs ari bwo bazasesa ku mugaragaro iriya mitwe, mu muhango uzabera i Bangui.
Ziriya nyeshyamba nkuru zahisemo gusesa imitwe yazo, nyuma y’ibiganiro zo n’ubutegetsi bwa Touadéra bagiraniye muri Tchad mu mezi make ashize byasize impande zombi zemeye gusinyana amasezerano y’amahoro.
Muri Mata uyu mwaka Umujyanama wa Perezida wa Centrafrique mu by’umutekano, Gen. Henry Wanzet Linguissara, yabwiye abanyamakuru ko Perezida Touadéra yamusabye kujya kuganira na Bobo i Ndjamena muri Tchad kugira ngo amusabe guhagarika imirwano.
Ati: “Tumaze imyaka mirongo turwana. Umukuru w’Igihugu nk’umugenga w’amahoro, yavuze ko 3Rs ikomeje guhangana na Leta, umuyobozi wayo mu rwego rwa gisirikare, Bwana Abdelkader alias Bobo ari i Ndjamena, muri urwo rwego nasabwe kujya i Ndjamena.”
Yavuze ko Perezida wa Tchad, Maréchal Mahamat Idris Déby Itno yemeye ko ibi biganiro biba, bikayoborwa n’umuhagarariye, kandi ko impande zombi zageze ku bwumvikane.
Ati: “Bobo wa 3Rs yafashe icyemezo cyo kujya muri gahunda ya APPR, agahita agaharika imirwano uhereye igihe aya masezerano ashyiriweho umukono.”
Gen. Linguissara yasobanuye ko mu gihe yari mu biganiro na Bobo, Darassa wa UPC na we yagaragaye, yemera kujya muri aya masezerano y’amahoro.


