Umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umujyanama we mu bya gisirikare, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba ntiyishimiye inkuru yasohowe n’igitangazamakuru cya Leta ya Uganda, The New Vision, ivuga ko iki gihugu cyageze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gufata ingamba zikumira Coronavirus.
The New Vision yakoze inkuru ivuga ku ngamba Uganda yafashe mu gukumira iki cyorezo nko guhagarika ingendo imbere mu gihugu, iziva n’izijya hanze. Ni umwanzuro iki gihugu cyafashe nyuma gato y’aho u Rwanda rwari rwamaze kuzifata nk’uko bigaragara mu itangazo rya Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente ryo ku wa 21 Werurwe 2020.
Iki kinyamakuru cyanditse kuri Twitter kiti: ” Ku cyumweru, u Rwanda rwahagaritse ibikorwa bitandukanye, rushyiraho ingamba zikomeye zo gukumira Coronavirus muri Afurika, icyorezo cyiyongera kandi ibitaro bidafite ibikoresho bihagije byo guhangana na cyo.”
Gen. Muhoozi amaze kubona ubu butumwa, yasubije New Vision akoresheje Twitter, abaza ati: “Ariko ubundi ni nde nyir’iyi New Vision? Ese ni iya Leta cyangwa? Ni gute bagerageza gushimagiza ikindi gihugu mbere y’icyacu gikomeye cya Uganda?”
Uyu musirikare akomeza avuga ko Uganda ari igihugu gikomeye muri Afurika, undi wese atakabaye agereranya n’ikindi.
Gen. Kainerugaba yumvikana kenshi cyane kuri Twitter avuga ko Uganda ari igihangange. Agaruka kenshi ku bushobozi mu by’intambara aho yemera ko uwahirahira agaba igitero ku gihugu cye yaba umuyonga.

Coronavirus mu karere u Rwanda ruherereyemo
Mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba, Uganda yemeje umurwayi umwe wa Coronavirus, u Rwanda rwemeza abarwayi 19, Tanzania yamaze kwemeza abarwayi 6, Kenya ni 15 mu gihe nta murwayi uragaragara mu Burundi.
Ibi bihugu byagiye bifata ingamba zitandukanye zikumira iki cyorezo zirimo gufunga imipaka, guhagarika ingendo zitari ngombwa, gufunga amashuri n’insengero, guhagarika ibitaramo n’ibindi bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi. Mu Burundi bisa n’aho ibikorwa byose bigikomeje ariko abaturage bubahiriza amabwiriza arimo isuku, kutegerana byibuze nka metero imwe n’ibindi.



2 Responses
Gen. Muhoozi ‘yababajwe’ n’inkuru ya New Vision avuga ko ishimagiza u Rwanda
Who else compares Rwanda and our neighbour country in north, in terms of strongest equipped army we won it three times!!!
Gen. Muhoozi ‘yababajwe’ n’inkuru ya New Vision avuga ko ishimagiza u Rwanda
Who else compares Rwanda and our neighbour country in north, in terms of strongest equipped army we won it three times!!!