5c62eb4ddd1fc640116357

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku cyemezo cya Museveni

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko igiye gusaba Uganda kuyiha ibisobanuro, nyuma yo gufata icyemezo cyo gufungura imipaka ihuza iki gihugu n’uduce tugenzurwa n’umutwe wa M23.

Muri iki cyumweru ni bwo Uganda yafunguye imipaka irimo uwa Bunagana n’uwa Ishasha, nyuma y’itegeko ryatanzwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Ni icyemezo Kampala yafashe mu rwego rwo kuzahura ubucuruzi bwambukiranya imipaka bwari bwarazahaye kuva muri Kamena 2022 ubwo imipaka yafungwaga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya nyuma y’inama y’abaminisitiri yabaye ejo ku wa Gatanu, yatangaje ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ThĂ©rèse Kayikwamba Wagner yahawe inshingano zo gusaba Uganda “ibisobanuro bikwiye” byatumye ifungura iriya mipaka, nta n’umuyobozi n’umwe wo ku ruhande rwa leta ya RDC uhari.

Uganda ivuga ko ifungwa ry’umupaka wa Bunagana ryayihombyaga abarirwa muri miliyoni 500 z’amashiringi buri mwaka, ibyabaye intandaro yo gufungura iriya mipaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *