GettyImages-1314819707

RDC: Inyeshyamba za ADF zishe abaturage 66

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, abayobozi bavuze ko inyeshyamba zifatanye isano na Leta ya Kisilamu zishe abantu 66 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Abarwanyi b’umutwe wa ADF baravugwaho kwica abaturage muri Teritwari ya Irumu mu burasirazuba bw’igihugu mu gice gihana imbibi na Uganda.

Iki gitero cyabaye mu gihe uburasirazuba bwa Congo bushobora kubona intambara ikomeje hagati ya Leta ya Kinshasa na M23, undi mutwe w’inyeshyamba urwanya ubutegetsi, ihagarara.

Jean Tobie Okala, Umuvugizi w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Ituri mu burasirazuba bwa Congo, yavuze ko icyo gitero ari ukumena amaraso. ”

Okala mu itangazo yoherereje Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, yavuze ko abasivili bagera kuri 30 bishwe hagati yo kuwa Kane no kuwa Gatanu, itariki ya 11 Nyakanga, muri Sheferi ya Walese Vonkutu, Teritwari ya Irumu, muri Ituri.

Hashingiwe ku makuru aturuka muri sosiyete sivili, umubare w’abapfuye wariyongereye uva ku bantu 31 bishwe ugera kuri 66.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *