Umunya-Argentine, Lionel Messi ukinira FC Barcelona yo muri Espagne, yahaye Ibitaro bya Barcelona inkunga ya miliyoni imwe y’ama-Euro mu rwego rwo kubifasha guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru yemejwe n’ibyo bitaro bibinyuhije kuri Twitter yabyo, mbere y’uko ikinyamakuru Mundo Deportivo cyandikirwa i Catalunya gitangaza ko Messi yatanze miliyoni imwe y’ama-Euro. Ibi bitaro byitwa Hospital Clinic byashimiye Messi bigira biti ” Leo Messi yatanze inkunga yo kurwanya COVID-19 ku bitaro bya Hospital ClĂnic. Wakoze Leo ku bw’umuhati n’ubufasha byawe.” Mundo Deportivo yavuze ko ibitaro bya Hospital Clinic bigomba kugabana ariya mafaranga n’ibindi byo muri Argentina. Amafaranga Messi yahaye biriya bitaro nk’inkunga, azifashishwa mu kugura ibikoresho bizafasha mu guhangana n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Messi yatanze iriya nkumva, nyuma ya Pep Guarduiola utoza Manchester City na we watanze miliyoni y’ama-Euro ayaha ikigo cy’ubuvuzi cya Angel Soler Daniel Foundation cyo muri Espagne. Aba bombi kandi biyongereye ku bandi bazwi barimo nka Cristiano Ronaldo, Robert Lewandowski na Sadio Mane bagiye batanga inkunga mu rwego rwo gufasha ibihugu byabo guhangana na Coronavirus. Magingo aya mu gihugu cya Espagne Messi atuyemo harabarurwa abasaga 42,000 banduye COVD-19. Abakabakaba 2,000 ni bo iki cyorezo kimaze guhitana muri kiriya gihugu. Uduce kimaze kwibasira kurusha utundi ni Umurwa mukuru, Madrid, agace ka Barcelona kabarizwa mu ntara ya Catalunya ndetse n’aka Bilbao ko mu ntara ya Basques.



2 Responses
Messi yatanze asaga Frw miliyari mu rwego rwo gukumira Coronavirus
N,abandi babigireho bafashe ibihugu byabo
Messi yatanze asaga Frw miliyari mu rwego rwo gukumira Coronavirus
N,abandi babigireho bafashe ibihugu byabo