rib-6-323af

Ingabire ushinzwe ubwubatsi muri Kigali arafunzwe 

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Ingabire Clement usanzwe umukozi ushinzwe ibikorwa by’ubwubatsi (Senior Civil Engineer) mu Mujyi wa Kigali.

Uru rwego mu butumwa rwanyujije ku rubuga rwarwo rwa X, rwavuze ko Ingabire akurikiranweho “ibyaha bifitanye isano na ruswa, birimo kudasobanura inkomoko y’umutungo ndetse n’iyezandonke hashingiwe ku iperereza yari amaze iminsi akorwaho.”

Ukekwaho ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge ndetse dosiye ikaba yamaze koherezwa mu Bushinjacyaha.

RIB mu butumwa buburira yongeye kwibutsa abakoresha ububasha bafite mu nyungu zabo bwite kubihagarika, kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Uru rwego kandi rwaburiye abantu kutemera kwandikwaho imitungo itari iyabo mu buryo bwo gufasha abanyabyaha guhisha imitungo babonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuko nabo itegeko ribafata  nk’abafatanyacyaha.

Icyaha cy’Iyezandonke ni icyaha giteganwa n’ingingo ya 23 y’itegeko Nº 69/2018 ryo ku wa 31/08/2018 rikumira kandi rihana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.

Uhamwe na cyo ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’umubare w’amafaranga y’iyezandonke.

Kudasobanura inkomoko y’umutungo ni icyaha giteganwa n’ingingo ya 9 y’itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa.

Uhamwe na cyo ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’umutungo adashobora kugaragaza aho yawubonye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *