Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Kagame kuri uyu wa 27 Werurwe 2020 yijeje Abanyarwanda ko leta izakomeza kubafasha muri ibi bihe bikomeye byo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.
Ni ubutumwa Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda n’abaturarwanda muri iki gihe igihugu n’Isi yose byugarijwe n’iki cyorezo.
Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ati:” Inzego z’ubuyobozi zirategura uburyo abatishoboye bafashwa. Hasigaye kubyihutisha.”
Yakomeje avuga ko bari gukorana n’abafatanyabikorwa mu karere ndetse n’ahandi ku Isi mu kurwanya Coronavirus.
Ubutumwa bwose


