Twagirayezu-Thaddee-new-Rayon-Sports-president-1

Perezida wa Rayon Sports yanenze imikinire y’ikipe ye

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, yagaragaje ko atanyuzwe n’imikinire iyi kipe iri kugaragaza muri iyi minsi.

Perezida Thadée yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga, mu kiganiro yagiranye na Radio & TV10.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi ibiri Rayon Sports inyagiye AS Muhanga ibitego 4-0, mu mukino wa gicuti wabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

Perezida Thadée yagaragaje ko n’ubwo uyu mukino Rayon Sports yawutsinzemo ibitego byinshi bigaragara ko amayeri y’imikinire yayo akiri hasi cyane.

Yagize ati: “Navuye i Muhanga ntameze neza, ntabwo nishimiye n’ubwo twatsinze. Tactics (amayeri y’umukino) iri hasi. Njyewe niko nabibonye, buri muntu wese yarabibonye. Mwarebye uburyo twakinnye mu gice cya mbere munareba uburyo twakinnye mu gice cya kabiri, byaranashobokaga ko no mu gice cya kabiri twashoboraga kudatsinda ibitego, ariko abakinnyi kubera ko ari beza bagiye mu kibuga birwanaho.”

Rayon Sports ikomeje kwitegura umwaka utaha w’imikino, nyuma yo gutsinda AS Muhanga yari yabanje gutsinda Miroplast ibitego 3-0.

Iyi kipe mbere yo gutangira umwaka utaha w’imikino biteganyijwe ko igomba kubanza kwesurana na Young Africans mu mukino wa gicuti uteganyijwe ku wa 15 ; ndetse n’uwa Super Cup izahuriramo na APR FC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *