645c6494-f23a-4f27-bf1d-7c55ea2ceb1f

Gvardiol wa Man City yitabiriye imyitozo ya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Myugariro wa Manchester City, Joško Gvardiol yongeye gutangaza abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yagaragaraga mu myitozo yihariye ya gisirikare yiswe Commando 9.

Uyu musore w’imyaka 23 ukomoka muri Croatia, ari mu biruhuko mbere y’uko hatangira umwaka w’imikino wa 2025/26.

Yagaragaye yambaye imyambaro y’igisirikare, arimo gukoresha imbunda no gukora imyitozo ikomeye n’abandi bari kumwe mu itsinda ry’abakora iri geragezwa.

Commando 9 ni gahunda yihariye igenewe abasivile bashaka kwiyumvisha ubuzima bwa gisirikare.

Ibamo imyitozo y’imbaraga, ubwirinzi, gukoresha intwaro no gukorana nk’itsinda, byose bigakorwa hatangwa amabwiriza n’abahoze ari abasirikare b’inzobere.

Nubwo iyi gahunda isaba imbaraga nyinshi, Gvardiol yayitwayemo neza, agaragaza ko atari gusa umukinnyi w’umupira w’amaguru, ahubwo afite n’imyitozo ihambaye mu mubiri.

83ae21ec 8fc3 4aa4 8827 d55ff0233da1 503a610a 37db 4806 a0e3 ac3920a207bc ce1d8581 af8c 44a3 b54c 60e378436b12 1 ce1d8581 af8c 44a3 b54c 60e378436b12 93f4bfb5 a5c9 48e2 8b92 16edb180b4f8 IMG 20250730 WA0005 IMG 20250730 WA0004

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *