depite_omar_munyaneza_yagaragaje_ko_impinduka_mu_misoro_zizatuma_abasora_boroherwa-2-89873-35ff7

Prof. Munyaneza wayoboraga WASAC afunzwe akekwaho gusaba igitsina

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Prof. Omar Munyaneza Omar wahoze ari umuyobozi w’Ikigo Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) n’abandi bayobozi bakuru ba kiriya kigo, bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

Munyaneza yayoboye WASAC kuva muri Nzeri 2023 kugeza mu kwezi gushize kwa Nyakanga, ubwo yasimburwaga ku buyobozi bwa kiriya kigo na Dr Asaph Kabaasha.

RIB yemeje ko we na bagenzi be yabafunze mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X.

Iti: “RIB yafunze uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) Prof. Omar Munyaneza n’abandi bayobozi babiri bakorera muri icyo kigo. Bakurikiranyweho gukora ibyaha bya ruswa, itonesha no gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.”

RIB yunzemo ko Prof. Munyaneza Omar na bagenzi be bafungiye kuri Sitasiyo zayo za Kimihurura na Kicukiro mu gihe hatuganywa dosiye yabo kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Uru rwego rwashimiye abantu bagize uruhare mu gutuma ibi bikorwa bitahurwa, runaburira abantu kudakoresha umwanya w’akazi mu nyungu zabo bwite kuko bihanwa n’amategeko.

Rwavuze kandi ko ruzakomeza kubirwanya ku bw’ineza ya rubanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *