Umusore wo muri Kenya, Dr Walter w’imyaka 19 avuga ko agiye gushaka umuti w’icyorezo cya Coronavirus imaze guhitana benshi ku Isi.
Uyu musore yatangarije ibinyamakuru byo muri Kenya ko azi neza ko bitoroshye, gusa akemeza ko azagera ku ntego ye.
Uyu muganga ukorera Scientific invention muri Kenya ati ” Ndimo ndashaka umuti wa Coronavirus. Biragoye kuvura Virusi kuko zitameze nka bagiteri [bacterie]. Kuri ubu hari aho maze kugera.”
Uyu muganga ari kwifashisha uducurama mu bushakashatsi bwe. Uretse urukingo bitegerejwe ko ruzageragezwa mu minsi ya vuba, nta hanga riratangaza ko ryavumbuye umuti wa Coronavirus cyangwa urukingo rwayo.
Ntiyatangaje niba ari we wenyine uri gukora ubushakashatsi cyangwa se niba Leta ari yo yatanze uburenganzira bwo gukora iki gikorwa cyaba indashyikirwa kiramutse kigezweho.



2 Responses
Umunya-Kenya w’imyaka 19 ari gushaka umuti wa Coronavirus
Ikigikorwa kiramutse kigezweho isi yaruhukape
Umunya-Kenya w’imyaka 19 ari gushaka umuti wa Coronavirus
Ikigikorwa kiramutse kigezweho isi yaruhukape